Manchester City yatsinze Arsenal ikomeza kuyotsa igitutu (Amafoto)
Amakuru

Manchester City yatsinze Arsenal ikomeza kuyotsa igitutu (Amafoto)

SHEMA IVAN

April 19, 2026

Manchester City yatsinze Arsenal ibitego 2-1 mu mukino w’Umunsi wa 33 wa Shampiyona y’u Bwongereza, itangira kuyotsa igitutu mu guhatanira igikombe cya Shampiyona cya 2025/26.

Uyu mukino w’ishiraniro Isi yose yari ihanze amaso wabereye kuri Etihad Stadium, kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Mata 2026.

Ni umukino wari ufite ijambo ku ikipe izegukana Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza.

Muri uyu mukino gutsinda kwa Arsenal kwari kuyongerera amahirwe yo kwegukana Premier League y’uyu mwaka, aho yari gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota icyenda mu gihe amakipe yombi aba ageze mu mikino itanu ya nyuma.

Ku rundi ruhande, Manchester City yasabwaga gutsinda uyu mukino ikigarurira icyizere cyo guhatanira igikombe cya Shampiyona kuko hari busigaremo amanota atatu y’ikinyuranyo kandi ifite ikirarane.

Ni umukino watangiye wihuta ku mpande zombi, buri kipe igerageza kurema uburyo bwo gutsinda igitego hakiri kare.

Ku munota wa 16, Manchester City yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Rayan Cherki ku mupira yinjiranye mu rubuga rw’amahina acenga ba myugariro ahita awushyira mu izamu.

Nyuma y’umunota umwe gusa, Kai Havertz yishyuriye Arsenal ku mupira watewe nabi n’umunyezamu Gianluigi Donnarumma ugwa ku kirenge cye uruhukira mu rushundura.

Mu minota 30, Manchester City yakomeje kwiharira cyane umupira hagati mu kibuga ikinira mu rubuga rwa Arsenal yari yasubiye inyuma kugarira.

Mu minota 40, iyi kipe yakomeje kugendera muri uwo mujyo harimo koruneri ebyiri zikurikiranya yabonye, ariko ubwugarizi n’umunyezamu ba Arsenal bakomeza guhagarara neza.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri, Manchester City yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri ariko abakinnyi basatira barimo Antoine Semenyo bakagorwa no kubyaza umusaruro uburyo babonaga.

Ku munota wa 60, Arsenal yahushije igitego cyabazwe ku mupira Kai Havertz yateye arebana n’umunyezamu Gianluigi Donnarumma awukuramo neza ugaruka mu kibuga hagati.

Ku munota wa 65, Erling Haaland yatsindiye Manchester City igitego cya kabiri ku burangare bw’ubwugarizi bwa Arsenal.

Mu minota 70, Arsenal yongereye imbaraga isatira cyane ishaka igitego cyo kwishyura harimo umupira Gabriel Magalhães yateye n’umutwe ukubita igiti cy’izamu ujya muri koruneri itagize icyo itanga.

Ku munota wa 74, Umutoza wa Arsenal yakoze impinduka Eberechi Eze na Christian Mosquera basimburwa na Leandro Trossard na Ben White.

Mbere y’uko umukino urangira umusifuzi wa kane yongeyeho iminota irindwi y’inyongera.

Iyi minota yihariwe na Arsenal yasatiraga cyane ishaka igitego cyo kwishyura cyari kuyigarura mu guhatanira igikombe cya Shampiyona ariko ubwugarizi n’umunyezamu ba Manchester City bihagararaho.

Umukino warangiye Manchester City yatsinze Arsenal ibitego 2-1, itangira kuyotsa igitutu mu guhatanira igikombe cya Shampiyona cya 2025/26 mu gihe habura imikino itanu ikarangira.

Arsenal yagumye ku mwanya wa mbere n’amanota 70, irusha City amanota atatu mu gihe iyi kipe itozwa na Pep Guardiola ifite ikirarane izakina na Burnley ku wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026.

Indi mikino yabaye kuri iki Cyumweru, Aston Villa yatsinze Sunderland ibitego 4-3, Liverpool itsinda Everton ibitego 2-1 naho Nottingham Forest yanyagiye Burnley ibitego 4-1.

Rayan Cherki ni we wafunguye amazamu ku munota wa 16
Abakinnyi ba Manchester City bishimira igitego cya kabiri cyatsinzwe na Erling Haaland
Erling Haaland yishimira igitego cya 23 yatsinze muri Shampiyona y’uyu mwaka
Wari umukino w’imbaraga nyinshi hagati y’impande zombi
Declan Rice agereza guhagarika Bernardo Silva
Ibitego bya Rayan Cherki na Erling Haaland byafashije Manchester City gutsinda Arsenal iyotsa igitutu muri Premier League
Byari ibyishimo ku bafana ba Manchester City nyuma y’umukino

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA