Basketball: Kabano wakiniye ikipe y’Igihugu we na nyina bapfiriye mu mpanuka 
Siporo

Basketball: Kabano wakiniye ikipe y’Igihugu we na nyina bapfiriye mu mpanuka 

SHEMA IVAN

April 21, 2026

Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’abatarengeje imyaka 16, Kabano Kenrk na nyina Rosine Kabano, bitabye Imana bazize impanuka y’Imodoka yabereye muri Leta ya Texas yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026.

Iyi nkuru y’akababaro yatangajwe na se wa Kenrik Kabano, Michael Kabano mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.

Yagize ati: “Ku nshuti n’umuryango, Rosine yahamagawe na Nyagasani, hamwe n’umuhungu wacu w’imfura, Kenrik. Umucyo w’umugore wanjye n’umuhungu wanjye uzakomeza kubaho mu mitima yacu iteka ryose”.

Kabano yavukiye mu mujyi wa Ohio mu 2008 yari asanzwe ari umunyeshuri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yendaga kurangiza amashuri.

Kabano yahagarariye u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 16 ‘FIBA Africa U16 Boys’ Championship yakinnye mu 2023.

Uyu mukinnyi yari umwe mu bari kwitabazwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina irushanwa ryo gushaka itike y’imikino ya Afrobasket.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA