Colombia: Inyeshyamba zirashinjwa kugaba igitero cyaguyemo abantu 14
Mu Mahanga

Colombia: Inyeshyamba zirashinjwa kugaba igitero cyaguyemo abantu 14

KAMALIZA AGNES

April 26, 2026

Perezida wa Colombia, Gustasvo Petro arashinja inyeshyamba zifitanye isano n’umutwe wa FARC (Revolutionary Armed Forces of Colombia) uhanganye n’ubutegetsi bwe, kugaba igitero cyahitanye abantu 14  kigakomeretsa abandi benshi barimo n’abana.

Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje imodoka zangiritse n’ibindi bintu byandagaye  nyuma yuko icyo gitero kigabwe i Cauca mu Majyepfo y’icyo gihugu ku wa 25 Mata.

Perezida Petro abinyujije ku rubuga rwa X yavuze ko abagabye icyo gitero ari imitwe y’iterabwoba agira ati:”Ni abaterabwoba bacuruza ibiyobyabwenge. Ndashaka ko abasirikare bacu bahangana na bo”

Guverineri w’Intara ya Cauca, Octavio Guzman yasakaje amashusho  agaragaza imodoka zangiritse n’aho amasasu yatobaguye, asobanura ko icyo gitero kitatoranyije.

BBC yatangaje ko ibikorwa nk’ibyo by’ubugizi bwa nabi byongeye kwaduka nyuma y’uko ibiganiro by’amahoro hagati ya FARC na Guverinoma mu 2016  bitagezweho.

Gusa Perezida w’icyo gihugu yasezeranyije amahoro asesuye nubwo Guverineri wa Cauca yemeje ko no ku wa 24 Mata muri Cauca  humvikanye n’ibindi bitero bito birimo n’icyagabwe ku kigo cya gisirikare mu Mujyi wa Cali, kigakomeretsa abantu babiri.

Ibi bitero bibaye mu gihe  ku wa 31 Gicurasi  icyo gihugu kizinjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Gustavo Petro, wahoze  ari umwe mu barwanyi b’inyeshyamba, ari kugerageza gushyira mu bikorwa politiki igamije kuganira n’imitwe yitwaje intwaro, aho rimwe na rimwe habaho agahenge  ubundi hakongera kwaduka imirwano.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA