Ikipe y’Igihugu ya Argentine yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 mu mukino wa ½. Ni umukino wakinwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, ndetse ukurikinwa n’abafana 71 000, bari muri Mercedes-Benz Stadium iherereye mu Mujyi wa Atlanta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni umukino wabanje kugora cyane ndetse icya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa. Mu igice cya kabiri, u Bwongereza bwagarukanye imbaraga nyinshi bidatsinze ku munota wa 55’ Anthony Gordon yafunguye amazamu ku mupira mwiza Morgan Rogers yahinduye imbere y’izamu, ahita awushyira mu rushundura.
Nyuma yo gutsindwa, Argentine yongereye imbaraga isatira cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko ubwugarizi n’umunyezamu w’u Bwongereza bakomeza kwihagaraho. Byasabye gutegereza ku munota wa 86 kugira ngo Argentine ibone igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Enzo Fernandez ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, umupira uruhukira mu izamu.
Ku munota wa 90+2’ rutahizamu Lautaro Martinez yatsindiye Argentine igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira mwiza Lionel Messi yahinduye imbere y’izamu, awushyira mu rushundura. Umukino warangiye Argentine itsinze u Bwongereza ibitego 2-1, isubira ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya Kabiri yikurikiranya.
Muri uyu mukino, Lionel Messi yabaye umukinnyi wa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi watanze impira myinshi yavuyemo igitego(12), 10 yose yabonetse mu mikino yo gukuranwamo, na byo bituma aba umukinnyi wa mbere ubikoze mu mateka y’Isi, kuko nta wundi urarenza imipira umunani.
Ku wa Gatandatu, tariki 18 Nyakanga 2026, saa 23:00, ni bwo u Bufaransa bazakina n’u Bwongereza bahatanira umwanya wa gatatu.





