Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, J.D. Vance, yavuze ko bigaragara ko Jeffrey Epstein, wamenyekanye cyane kubera ibyaha byo gusambanya abana b’abakobwa no kubacuruza yari afitanye umubano n’ubutasi bwa Isiraheli ndetse na Amerika.
Mu kiganiro Vance yagiranye n’umunyamakuru Joe Rogan ukora kuri Podcast abajijwe ku bimaze igihe bivugwa ko Epstein ashobora kuba yari afitanye umubano n’ubwo butasi, yemeje ko bigaragara ko yari afitanye isano n’ubutasi bwa Isiraheli ariko ntiyavuga byinshi kuri uwo mubano.
Yavuze ko yari afitanye umubano n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru cyane bo mu butasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Isiraheli, yemera ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwakoze amakosa ku makuru ajyanye na dosiye za Jeffrey Epstein.
Vance yavuze ko uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera wa Amerika, Pam Bondi, yavuze ko urutonde rw’abantu bivugwa ko bari abakiliya ba Jeffrey Epstein rwari ku meza ye, ndetse rushyirwa hanze mu gihe yari ari kuri uwo mwanya mbere ko kwirukanwa na Perezida Trump muri Mata 2026.
Vance avuga ko ayo madosiye yiswe ‘The Epstein Files Phase 1’ ndetse na ‘Declassified’, yahawe bamwe mu basesenguzi n’abanyamakuru mbere yuko avanwa kuri izo nshingano, yemera ko hakozwe amakosa mu buryo ayo madosiye yashyizwe hanze.
Amakuru ya Epstein akomeje kujya hanze mu gihe hakomeje impaka ku mibanire Epstein yaba yaragiranye n’abanyapolitiki, ubutasi, abaherwe n’abandi bantu bakomeye mbere yuko agwa muri gereza mu 2019.