Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ahantu hane hazaturikirizwa urufaya rw’ibishashi (fireworks) byo kwishimira umwaka mushya wa 2026.
Ubwo buyobozi, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, mu itangazo bwashyize ahagaragara bwagaragaje abatuye Kigali ko ibyo birori byo guturitsa ibishashi bizaba mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza 2024 rishyira ku wa 1 Mutarama 2026.
Utwo duce bizaberamo harimo imbere y’Ibiro by’Umujyi wa Kigali, kuri Kigali Pelé Stadium, Canal Olympia na Kigali Heights.
Biteganyijwe ko kandi kuri Hôtel des Mille Collines, Atelier du Vin, Serena Hotel na Parking ya Kigali Convention Centre ho hazaturikirizwa ibishashi bigenewe abashyitsi baho.
Umujyi wa Kigali wasabye abaturage kwimishira umwaka mushya, ariko banywa mu rugero ndetse bakirinda guha inzoga abataruzuza imyaka 18.
