Perezida Kagame yakuyeho amafaranga yakwaga kuri serivisi zirenga 10
Ubutabera

Perezida Kagame yakuyeho amafaranga yakwaga kuri serivisi zirenga 10

NTAWITONDA JEAN CLAUDE

December 7, 2023

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakuyeho amafaranga yakwaga kuri serivisi 10 zitangwa n’Inzego z’ibanze, zirimo ihererekanya ry’uburenganzira ku mutungo, icyangombwa cyo kubaka mu cyaro ndetse n’icyemezo cy’uko umuntu ariho cyangwa yitabye Imana.  

Ni icyemezo kiri mu Iteka rya Perezida n° 075/01 ryo ku wa 04/12/2023 rishyiraho amahoro yakwa kuri serivisi no ku byemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage, ryasohotse mu Igazeti ya Leta ku wa 5 Ukuboza 2023.

Serivisi zisonewe amahoro ni serivisi y’ihererekanya ry’uburenganzira ku mutungo utimukanwa,  icyemezo cy’umutungo w’ubutaka gitangwa na komite y’ubutaka, icyemezo cy’iyandikishwa ry’ubutaka, icyemezo cyo gusana inyubako, icyemezo cyo kuvugurura inyubako, icyemezo cyo kubaka uruzitiro n’uruhushya rwo kubaka mu mudugudu w’icyaro.

Haza kandi kubona icyemezo cy’uko umuntu akiriho, icyemezo cy’uko umuntu yapfuye, uruhushya rwo gutwika amakara, amatafari n’amategura, uruhushya rwo gusarura ishyamba, n’icyemezo cy’ubwishingire bw’umuntu.

Icyakora, isonerwa ry’amahoro kuri serivisi n’ibyemezo bivugwa mu gika cy’ingingo ya 26 y’Iteka rya Perezida, ntirivanaho ko bigomba gusabwa mu nzego zibifitiye ububasha mbere yo gukoreshwa icyo bigenewe.

Iki cyemezo gikuyeho icyateganyaga ko uwifuza kugira icyo akora ku mutungo utimukanwa ku mpamvu iyo ari yo yose yishyura amahoro angana na 20,000 by’amafaranga y’u Rwanda hatitawe ku ngano y’umutungo.

Ku birebana no gutura mu byaro, gusaba icyangombwa cyo kubaka no gupimisha ikibanza byasabaga kwishyura amafaranga y’u Rwanda 5,000 nk’uko biteganywa n’Iteka rya Perezida ryo mu 2012.

Icyemezo cy’uko umuntu akiraho cyangwa atakiriho cyishyurwaga amafaranga y’u Rwanda 1,200 mu gihe icyangombwa cyo kuvugurura inyubako cyangwa kubaka uruzitiro kikaba na cyo cyishyurwaga amafaranga y’u Rwanda 5,000 mu Mujyi wa Kigali na 1,200 ahandi hose mu Gihugu.

Ku birebana n’ibyemezo bisaba gucana amakara, kubumba amatafari ndetse n’amategura, byagendanaga na serivisi zitangwa ku butaka.

Ku rundi ruhande, nanone Iteka rya Perezida rishya ryakuyeho amahoro kuri parikingi rusange yakwa ku bwoko bumwe bw’ibinyabiziga n’amato.

Ibyo binyabiziga n’amato birimo ibya Leta, iby’ibigo n’iby’imishinga bya Leta bifite ibyapa bibiranga, ibinyabiziga cyangwa amato by’Ambasade, iby’imiryango mpuzamahanga ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye n’iby’indi miryango mpuzamahanga ifitanye amasezerano yihariye na Leta y’u Rwanda ndetse n’ibyihariye byagenewe abafite ubumuga.

Ingingo ya 28 iteganya ko Inama Njyanama y’urwego rw’imitegekere y’Igihugu rwegerejwe abaturage ishobora, mu gihe igena ibipimo by’amahoro, kuvaniraho abatishoboye amahoro y’ibirarane batashoboye kwishyura mu mwaka w’ingengo y’imari urangiye, iyo babisabye.

Umuntu usaba kuvanirwaho amahoro [mu byiciro by’amahoro adasonewe] atashoboye kwishyura mu mwaka w’ingengo y’imari urangiye yandikira umuyobozi w’urwego rw’imitegekere y’Igihugu rwegerejwe abaturage agaragaza impamvu zifatika.

Iyo Umuyobozi wandikiwe asanze ubusabe bufite ishingiro, akorera raporo Inama Njyanama y’urwego rw’imitegekere y’Igihugu rwegerejwe abaturage kugira ngo ibifateho icyemezo.

Soma Iteka ryose hano:

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

  • Uwizeyimana Ange
    December 7, 2023 at 6:56 am Musubize

    Nyakubahwa mubyeyi dukunda wakoze cyane rwose 🙏 Uwiteka azaguhe kuramba ndetse no kuzagira iherezo ryiza 🙏💓💓💓💓💓💓💓🇷🇼💯

    • Vincent
      December 7, 2023 at 1:03 pm Musubize

      Imana ikomeze imukomeze akomeze atugeze kubyiza. Umubyeyi wacu turamukunda.

  • Niyorugira innocent
    December 7, 2023 at 7:05 am Musubize

    Nibyagaciro gakomeye cyane
    Gose kuba twakuriweho ayo mafaranga yishyurwaga mwizo service🙏
    Turashima ubuyobozi bwiza dufite bureberera Inyungu zabaturage 👍🙏🙏

  • Uwamahoro Jacqueline
    December 7, 2023 at 7:26 am Musubize

    Nyakubahwa Perezida wa Repebulika y,Urwanda turamushimiye

    Twongeye kumusaba kudukuriraho amande aciibwa abaganga muri gahunda yo kongeresha agaciro licence zabo.

    • Anonymous
      December 7, 2023 at 8:15 am Musubize

      Yegope

    • Paul nkurikiyimana
      December 7, 2023 at 9:14 am Musubize

      Ubwo Ari iriya ntwari yacu yabyivugiye ubwo byatunganye kbsa! Iyo mu ijuru imuhaze kuramba kdi imuhaze amahoro arambye!

  • Twibanire Jean Baptiste
    December 7, 2023 at 7:26 am Musubize

    Umuyibozi wacu aratureberera yabonyeko bikwuye ,turamushimiye cyane rwose ,tumurinyuma ntakabuza

  • Irambona Jacques
    December 7, 2023 at 8:55 am Musubize

    Mubyukuri umubyeyi mwiza iteka ahora ari mwiza, tunejejwe nibyo mwadukoreye ibi byatumaga benshi bahagarika umutima none ubu bikuweho, Imana ikomeze iguhaze uburame nuko ntacyo mfite ngo nkibahe gusa mbasabiye ikiruta ibindi byose Imana izaguhe ijuru ndakwikundira Bwana Nyakubahwa President wa Republic y u Rwanda.

  • Faida Jean Claude
    December 7, 2023 at 9:04 am Musubize

    Umubyeyi wacu arakoze kubwo kuturebera ibigoye abanyarwanda akabishakira ibisubizo
    Tumurinyuma rwose Imana imuhaze uburame yo yamuduhaye.

  • Cishahayo Evangeliste
    December 7, 2023 at 9:10 am Musubize

    Mubyeyi wacu tubashimiye uburyo mutwitaho

  • Cishahayo Evangeliste
    December 7, 2023 at 9:10 am Musubize

    Mubyeyi wacu tubashimiye uburyo mutwitaho

  • Dusengimana jean Damascene
    December 7, 2023 at 9:22 am Musubize

    Umuyobozi wacu tumuri inyuma nakomere cyane.

  • Nkundabagenzi Silas
    December 7, 2023 at 9:33 am Musubize

    Murakoze nyakubahwa President wacu 🇷🇼 tugushimiye tubikuye ku mutima ukuntu mudahwema kudutekerezaho. Gahunda ni yayindi tukurinyuma💯

  • Aimable
    December 7, 2023 at 10:32 am Musubize

    Umuyobozi wacu nukuri aradukunda pe ahora aduha ibyiza gusagusa

  • Ndagijimana
    December 7, 2023 at 11:22 am Musubize

    Nibyiza cyane Umunyarwanda kwisonga.

  • Nkusi
    December 7, 2023 at 11:48 am Musubize

    2024 haratinze twikomereze hamwe nawe.

  • Fizzy jack
    December 7, 2023 at 11:54 am Musubize

    Nyakubahwa turagushima a wakoze cyane knd ntago utuyobora nabi ahuko abagufasha nibo bakora ibibi ubwo izo service wakuyeho barakomeze banazitwake batubabarire ntibahemuke

  • Rushema wellars
    December 7, 2023 at 12:05 pm Musubize

    Muzehe wacu tukurinyuma

  • Sibobugingo Theoneste
    December 7, 2023 at 12:15 pm Musubize

    Nyakubahwa H.E Byose byapfa utaraza .umwana wumviye umubyeyi asazana umuco nu umurage byakibyeyi,murakara,murakaramba.

  • Afazari marcel
    December 7, 2023 at 1:02 pm Musubize

    Turabyishimiye cyane rwose 👏👏👏👏

  • Innocent
    December 7, 2023 at 1:24 pm Musubize

    Uhoraho amudukomereze Mubyeyi wacu amahoro n, umugisha biva k, Uwiteka bibahoreho iteka ryose
    1Ingoma 17:11-15 Amen

  • Twasabyimana yemima
    December 7, 2023 at 2:39 pm Musubize

    IMANA imuhe umugisha utagabanyije Kandi ikomeze kumugwiriza impano yo gutetekerereza abanyarwanda turamukunda cyane

    • Agnes Nyurahabyarimana
      December 7, 2023 at 4:23 pm Musubize

      Tubashimiye byimazeyo uburyo mudahwema kwita kubanyarwanda no guharanira iterambere ryacu🙏🙏🙏🙏

  • Habimana faustin
    December 7, 2023 at 3:08 pm Musubize

    Murakoze muyobozimwiza turabashimiye imana ikomeze kubashyigikira

  • Bagaragaza Evariste
    December 7, 2023 at 3:35 pm Musubize

    Nyakubahwa Perezida wa Repubulika mwakoze cyane Korohereza abaturage Imana ibahe Umugisha!!!!

  • kayonga Alphonse
    December 7, 2023 at 3:38 pm Musubize

    Nyakunahwa HE Paul Kagame wakoze cyane kutugàbanyiriza imisoro imwe nimwe
    Haricyo mbisabira
    Kutugabanyiriza imisoro yakwa utumije imodoka hanze

    Murakoze

  • Habiyaremye Jean Bosco
    December 7, 2023 at 3:54 pm Musubize

    Perezida wacu oeeeoeee
    Uragahora kw,isonga mubyeyi wacu
    Imana ikomeze ikuramye
    Muragahorane ubutwari.

  • Emmy
    December 7, 2023 at 4:00 pm Musubize

    #PK Forever

  • MFITUMUKIZA Eric
    December 7, 2023 at 4:06 pm Musubize

    Umubyeyi mwiza amenya icyo abana bakeneye.

  • Uwizeyimana
    December 7, 2023 at 4:41 pm Musubize

    Nintagutora Imana izage ibimpora

  • Nyirahavugimana Beyata
    December 7, 2023 at 4:47 pm Musubize

    Uragahorakungoma mubyeyi wacu imana iguhoze kungoma👍👍✔️

  • Hagenimana Dominique
    December 7, 2023 at 5:20 pm Musubize

    Muraho nifuza gusobanuza ukuntu umuntu yabona icyemezo kigaragaza ko umuntu atariho(yitabye Imana mu myaka ya 1990) ku declara attestation de dece yuwo muntu ku irembo ntibikunda ngo kubera ko aba atarandukujwe mu irangamimerere nta numero zindangamuntu ye , ubu uyishaka yayibona ate Murakoze

  • Habanabakize erie
    December 7, 2023 at 5:33 pm Musubize

    Akarere kakirehe
    Umurenge nyamugari
    Turashimira umusaza uburyo akundigihugu nabagituye abowatojubupfura tukurinyuma👍komezimihigo kuko udahwema kutugirinama ntituzagutenguha

  • BAZUBAGIRA bernadette
    December 7, 2023 at 5:52 pm Musubize

    Nyakubahwa perezida wacu ntakwabatagira ark ubuyobozi bwohasi ntibwobutuma umuturage ategerwaho nibyobyiza abayatwifutije.

  • Karangwa flavia
    December 7, 2023 at 6:15 pm Musubize

    Nyakubahwa mwakoze cyane Imana Izaguhe Imyaka ijana maze Ukomeze Utubere Umuyobozi mwizaaa.dukomeze twiterere lmbere!

    Ikindi twifuzaga nikimisoro yamahoro aho usanga Umuntu ufite ubucuruzi buto asora kimwe nufite ubucuruzi bunini ? Bityo ugasanga abafite ubucuruzi buto ibabagora gusora , lkindi twifuza amafaranga yishuzwa kwirondo yumutekano nayo usanga atangwa muburyo bungana kandi ubushobozi butangana Nyakubahwa nabyo muzabyigeho.

  • Keza
    December 7, 2023 at 8:04 pm Musubize

    Wakoze mubyeyi uhora uturebera ibyiza

  • Nshimiyimana Sylvain
    December 7, 2023 at 8:14 pm Musubize

    Nukuri mubyeyi wacu uri lmpano lmana yatwihereye none tugushimiye ko utajya utenguha abo lmana yakuragije none rero ganza wongere uganze maze lyaguhanze iguhore imbere kuko natwe tugusezeranyije ko tutazakuvaho kandi tukuri inyuma pe mubyeyi ngusabiye umugisha kuko ibyo udukorera birandenga ziraya service zose wakuriyeho amahoro turabigushimiye mwakoze.

  • Habana tom
    December 7, 2023 at 8:23 pm Musubize

    Murakoze babyeyi
    Namande ya polici araremereye
    Babyeyi

  • Habana tom
    December 7, 2023 at 8:23 pm Musubize

    Murakoze babyeyi
    Namande ya polici araremereye
    Babyeyi

  • Nubahimana Pierre
    December 7, 2023 at 8:56 pm Musubize

    Mubyeyi wacu Paul Kagame nti twabona icyo tukwitura pe! Ku byo umaze ku tugeza ho. Ariko mubyeyi wacu uzatuvuganire kubijyanye na amande ya Polisi kuko barayazamuye barakabya

  • Théophile
    December 7, 2023 at 9:34 pm Musubize

    Nyakubahwa, amahooro mudukuriyeho turabashimiye cyane. Umubyeyi mwiza ahora ageza ibyiza ku bana be. Kurama no kwanda bihore bikuranga.

  • mutijima gentille
    December 7, 2023 at 10:46 pm Musubize

    my president!! baho wonjyere ubeho iyaba nakubonaga nkaguhobera niyo nahita nipfira naruhukira mumaho!! untera ishema ryokwitwa umunyarwa nimba usoma izi esms zacu simbizi arko nimba hari nabashinzwe kuzikujyezaho jye muzantumikire mwokagirimanamwe,muti ndamukunda ndamukunda ndamukunda,kdi twishimiye izimpinduka atujyejejeho

  • UWASABA Theogene
    December 8, 2023 at 7:04 am Musubize

    Dushimiye umuyobozi wacyu kuko akomeje gutekerereza abaturarwanda ibifite akamaro yakoze cyane.

  • Evariste Munyabazungu
    December 8, 2023 at 7:46 am Musubize

    Nyakubahwa mubyeyiwacu warakoze cyane, byinshi dutunze tubikesha wowe urindashikirwa.

  • NSABIMANA Emmanuel
    December 8, 2023 at 8:06 am Musubize

    Nukuri ntitwabona uko dushimira umubyeyi wacu yakoze cyane kandi sibi gusa ahubwo ahora atekerereza abanabe ibyiza gusa. Uwiteka amuhire muri byose

  • MUKESHIMANA Thomas
    December 8, 2023 at 11:03 am Musubize

    Umubyeyi wacu nyakubahwa Paul Kagame imana imurinde imuhe kurama tuzahora tumusingiza

  • NIYIBIZI Ismail
    December 8, 2023 at 1:13 pm Musubize

    Nyakubahwa wacu ni umubyeyi mwiza

  • Nyabyenda Joseph Pasteur
    December 8, 2023 at 1:40 pm Musubize

    Turabashimiye H.E mu bushishozi bwanyu, no guhora mushakira Abanyarwanda ibyiza. Nyagasani muri kumwe ntagushidikanya. Kandi natwe tukuri inyuma, haratinze ngo dushyireho👎

  • Hakizimana olivier
    December 8, 2023 at 4:33 pm Musubize

    Nyakubahwa perezida yakoze cyane ibyakora abikora nkumubyeyi urera abanabe natwe ntitukamutenguhe mubyakora kuko aribyacu tumurinyuma imana ikomeze imurinde yaduhaye umubyeyi.

  • RUTAGWENDA Laurent
    December 8, 2023 at 7:05 pm Musubize

    Intore izirusha intambwe, ndagukunda mubyeyi mwiza. Gusa Imana yo mwijuri ikomeze iguhe kurama, udukorera ibyiza tukanezerwa nukuri. Umunsi nagize amahirwe yo kukubona amaso kumaso nkagusuhuza nzagushimira ibirenze ibi. Gira amahoro Papa wacu.

  • Francois Xavier
    December 9, 2023 at 12:00 pm Musubize

    Nyakubahwa muyobozi wacu dukunda turabasgimira kuri iki gikorwa cyiza cyane cyo kudukuriraho Aya mafaranga yajyaga abangamira abaturage cyane cyane abafite amikoro kake.Turabashyigikiye Imana ikomeze iyobore intambwe zanyu izabageze aheza twashimye byimazeyo

  • Shukurumungu Vincent Paul
    December 9, 2023 at 1:32 pm Musubize

    Nyakubahwa mubyeyi mwiza ndagushimiye cyane kuba ukomeje kuzirikana abaturage ark ndagusaba natwe urubyiruko turacyennye cyane utwibuke

  • Dukuzumuremyi Emmanuel
    December 10, 2023 at 3:06 am Musubize

    NYAKUBAHWA wacu dukunda twishimye cyane kubyo wadukoreye erega urumubyeyi ubaruta Bose Imana ikongerere imbaraga.

  • Rurangirwa
    December 12, 2023 at 8:44 am Musubize

    Long live your Excellency and thank you for you thoughtfulness towards Rwandan.

  • Murekezi
    December 24, 2023 at 7:16 am Musubize

    Ese kwandikisha ingwate byo bimeze bite?

  • Murekezi
    December 24, 2023 at 7:16 am Musubize

    Ese kwandikisha ingwate byo bimeze bite?

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA