RSSB Tigers BBC na APR WBBC zegukanye FERWABA Super Cup 2026 (Amafoto)
Siporo

RSSB Tigers BBC na APR WBBC zegukanye FERWABA Super Cup 2026 (Amafoto)

SHEMA IVAN

February 7, 2026

RSSB Tigers BBC yatsinze APR BBC amanota 78-68, APR WBBC itsinda REG WBBC amanota 75-62 zombi zegukana ‘FERWABA Super Cup 2026, yakinwaga ku nshuro ya kabiri.

Imikino yombi yabereye muri BK Arena mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026.

Iki gikombe gihuza ikipe yegukanye Shampiyona n’iyegukanye Rwanda Cup. Mu bagabo APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2024-25 na RSSB Tigers yegukanye Rwanda Cup 2025.

Ni mu gihe mu bagore wahuje REG WBBC yegukanye ibikombe byombi na APR WBBC bahuriye ku mukino wa nyuma.

Tigers BBC ni yo yatangiye neza umukino ndetse yegukana agace ka mbere ku manota 25-22, aka kabiri umukino wegeranye cyane bituma amakipe yombi anganya amanota 22-22, ariko Tigers isoza igice cya mbere iyoboye umukino n’amanota 47 kuri 44 ya APR BBC.

Mu gace ka gatatu, Tigers yongeye imbaraga nyinshi izamura ikinyuranyo itsinda aka gace ku manota 69 kuri 54 ya APR BBC mu gihe aka kane katsinzwe na APR BBC ku manota 14-9.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC yatsinze APR BBC amanota 78-68 yegukana FERWABA Super Cup yakinwaga ku nshuro ya kabiri.

Umunya-Kenya Albert Odero wakinnye umukino we wa mbere muri Tigers ni we watsinze amanota menshi (20) muri uyu mukino, akurikirwa na bagenzi be bakinana ari bo Paul Bizimungu na Antino Jackson batsinze amanota 14.

Mu bagore iki gikombe cyegukanywe na APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 75-62.

Shampiyona ya 2026 izatangira ku Cyumweru, tariki ya 8 Gashyantare.

Albert Odero wagize umukino mwiza agerageza gutsinda amanota atatu
Nshobozwabyosenumukiza agerageza gutsinda amanota
Tetero Odile agerageza gushaka aho yashyira umupira
Umuraperi Muheto Bertrand wamenyekanye mu njyana ya Kinyatrap nka B-Threy na we yari yitabiriye iyi mikino
Ndizeye Ndayisaba Dieudonne wakinnye umukino we wa mbere muri APR BBC atera ‘Lancer franc’
Steve Hagumitwari ashaka aho yamenera ngo atsinde
Micyomyiza Rosine “Cisse” yashimira intsinzi
Miss Umunyana Shanitah ubanza iburyo ni umwe mu bakunze kwitabira imikino ya Basketball
APR WBBC yasubiriye REG WBBC yegukana Super Cup ku nshuro ya mbere
RSSB Tigers yegukanye Super Cup yakinwaga ku nshuro ya kabiri
APR BBC yasoreje ku mwanya wa kabiri

Amafoto: TUYISENGE Olivier

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA