UEFA Champions League: PSG yatsinze Bayern Munchen mu mukino ubanza wa ½
Amakuru

UEFA Champions League: PSG yatsinze Bayern Munchen mu mukino ubanza wa ½

SHEMA IVAN

April 29, 2026

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yatsinze Bayern Munchen ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wabereye kuri Parc des Princes mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 28 Mata 2026. 

Bayern Munchen yakinnye uyu mukino idafite Umutoza Mukuru wayo Vicent Kompany wujuje amakarita abiri y’umuhondo.

Ni umukino wihutaga ku mpande zombi, buri kipe igerageza kurema uburyo bwo gutsinda igitego hakiri kare.

Ku munota 16, Luiz Diaz wa Bayern Munchen yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina na myugariro William Pacho, umusifuzi yemeza ko ari Penaliti.

Iyi Penaliti yinjijwe neza na Rutahizamu Harry Kane atsindira Bayern Munchen igitego cya mbere.

Mu minota 20, Paris Saint Germain yinjiye mu mukino itangira gusatira ishaka igitego cyo kwishyura, harimo umupira Ousmane Dembélé yacomekewe yinjira mu rubuga rw’amahina, asigaranye wenyine n’umunyezamu Manuel Neuer awutera hanze y’izamu. 

Iyi kipe ntiyacitse intege kuko ku munota wa 24, Khvicha Kvaratskhelia yatsinze igitego cyo kwishyura ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina ukaruhukira mu rushundura. 

Ku munota wa 33, Joao Neves yatsindiye PSG igitego cya kabiri n’umutwe ku mupira Ousmane Dembélé yateye uvuye muri Koruneri. 

Iyi kipe yo mu Mujyi wa Paris yakomeje gusatira cyane ishaka igitego cya gatatu harimo umupira Ousmane Dembélé yacomekeye Désiré Nonka-Maho Doué awutera ari hanze y’izamu.

Ku munota wa 41, Michael Olise yatsindiye Bayern Munchen igitego cya kabiri cyo kwishyura ku ishoti rikomeye yatereye mu rubuga rw’amahina, umupira ukaruhukira mu rushundura. 

Ku munota wa 45+3, Alphonso Davies wa Bayern Munchen yakojeje akaboko ku mupira wari utewe na Ousmane Dembélé, umusifuzi yifashishije VAR yemeza ko ari Penaliti. 

Iyi Penaliti yinjijwe neza na Ousmane Dembélé watsindiye Paris Saint Germain igitego cya gatatu cyatumye isoza igice cya mbere iyoboye n’ibitego 3-2. 

Iyi kipe yakomeje muri uwo mujyo mu igice cya kabiri, bidatinze ku munota wa 56 Khvicha Kvaratskhelia atsinda igitego cya kane ku mupira wananiwe gukurwaho n’ubwugarizi bwa Bayern Munchen akawushyira mu izamu. 

Nyuma y’iminota itatu, Ousmane Dembélé yatsinze igitego cya gatanu ku mupira mwiza Désiré Doué yamuhaye awushyira mu rushundura. 

Ku munota wa 65, Myugariro Dayot Upamecano yatsindiye Bayern Munchen igitego cya gatatu ku mupira uteretse Joshua Kimmich yateye akawumushyirira ikirenge, yawutera ukaruhukira mu izamu. 

Iyi kipe yakomeje gusatira bidatinze nyuma y’iminota itatu gusa, Luis Diaz atainda igitego cya kane ku mupira muremure Harry Kane yamuhaye agacenga myugariro wa PSG ahita awushyira mu izamu. 

Mu minota 75, Bayern Munchen yakomeje gusatira ishaka igitego cya gatanu cyo kwishyura ariko abakinnyi bayo bakagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonaga imbere y’izamu. 

Ku munota wa 84, Umutoza wa PSG yakoze impinduka ebyiri Khvicha Kvaratskhelia na Nuno Mendes basimburwa na Senny Mayulu na Lucas Hernandez.

Ku munota wa 86, Senny Mayulu  yahushije igitego cyabazwe ku ishoti rikomeye yateye ari mu rubuga rw’amahina ku bw’amahirwe make ye, umupira ukubita igiti cy’izamu. 

Umukino warangiye Paris Saint Germain itsinze Bayern Munchen ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League. 

Umukino wo kwishyura uzabera i Munich mu Budage ku wa 6 Gicurasi 2026. 

Undi mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League uteganyijwe ku wa Gatatu saa tatu z’ijoro aho uzahuza FC Atletico Madrid na Arsenal.

Abakinnyi Bayern Munchen yabanje mu kibuga
Harry Kane ni we wafunguye azamu ku munota wa 17
Khvicha Kvaratskhelia yishimira igitego cyo kwishyura yatsindiye PSG
Michael Olise ni we watsinze igitego cya kabiri cya Bayern Munchen
Ousmane Dembélé yashimira cya gatatu yatsinze kuri Penaliti
Jamal Musiala ahanganye na Marquinhos
Luiz Diaz yishimira igitego yatsinze
Khvicha Kvaratskhelia na Désiré Doué bishimira igitego
Khvicha Kvaratskhelia watsinze ibitego bibiri ari mu bakinnyi bigaragaje muri uyu mukino
Ousmane Dembélé ni we watowe nk’umukinnyi mwiza w’umukino

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA